Ubushakashatsi bwagaragaje ko virusi itera kanseri y’inkondo y’umura ku bagore itera na kanseri ku bagabo, zirimo iy’igitsina, iyo mu kibuno n’iyo mu muhogo.
Kanseri y’inkondo y’umura ni kanseri ifata igice cya nyababyeyi cyitwa inkondo y’umura. Ni kanseri yandurira mu mibonano mpuzabitsina idakingiye.
Nubwo abagabo batarwara iyi kanseri kuko batagira inkondo y’umura, virusi iyitera barayandura ndetse bakayanduza abagore bakoranye imibonano mpuzabitsina idakingiye.
Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima ku Isi (OMS/WHO) rivuga ko hafi ya kanseri zose zifata inkondo y’umura ziterwa na virusi yitwa Human Papillomavirus (HPV).
Ubushakashatsi bugaragaza ko virusi ya HPV ari intandaro ya zimwe muri kanseri zifata abagabo zirimo: kanseri y’igitsina cy’abagabo (penile cancer), kanseri yo mu kibuno (anal cancer) ndetse na kanseri ifata igice cy’umuhogo cyitwa (pharynx) izwi nka Oropharyngeal Cancer.
Ikigo cy’Abanyamerika cyita kuri za Kanseri (National Cancer Institute) kivuga ko 1/3 cya za kanseri zifata igitsina cy’abagabo ziterwa na virusi ya HPV.
Hafi 90% bya za kanseri zifata mu kibuno na zo ziterwa na virusi ya HPV, mu gihe hagati ya 60% na 70% bya za kanseri zifata igice cy’umuhogo cya pharynx na zo ziterwa n’iyo virusi.
Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe gukumira no kuvura indwara (Center for Disease Control and prevention) kivuga ko urukingo ruhabwa ab’igitsina gore mu rwego rwo kubakingira kanseri y’inkondo y’umura rushobora no kwifashishwa mu gukingira izi kanseri zifata abagabo, ziterwa na virusi ya HPV.









